Umuhanzi akaba n’umucuruzi w’icyamamare, Sean “P. Diddy” Combs, ufite imyaka 56, azahita asohoka muri gereza mbere y’itariki yari yatangajwe. Inkuru ivuga ko itariki ye yo kurekurwa yahindutse ku wa 25 Mata 2028, nyuma y’uko yari yateganyijwe ko azarekurwa ku wa 4 Kamena 2028.
Impinduka kuri iyo tariki yaturutse ku kuba Combs yemerewe kwinjira mu guhuza gahunda yo kwivuza ibiyobyabwenge m' Ugushyingo 2025, aho yitwaye neza kandi yatangiye gahunda yo guhangana n’ingaruka z’ibiyobyabwenge.
Combs yahanishijwe igifungo cy’imyaka ine nyuma yo kumuhamya ibyaha byo gucuruza abagore kugira ngo bashorwe mu bikorwa by’imibonano mpuzabitsina ndetse no gukoresha ibiyobyabwenge, kimwe n’amande ya $500,000. Nubwo hari ibyavugiwe ku bijyanye no kuba yahuye n’ibibazo byo mu ntangiriro z’igifungo (harimo amakuru avuga ko yanyoye inzoga zitemewe muri gereza), abavugizi be baravuga ko amakuru nk’ayo ari ibinyoma, kandi ko yitwaye neza mu gihe ari muri gereza.

source: InyaRwanda.com
Link: https://inyarwanda.com/rw/amakuru/p-diddy-yagabanyirijwe-igihe-yari-kumara-muri-gereza-1772531831420
Leave a Comment