Ikipe ya Real Madrid yagaragaje imbaraga zikomeye itsinda Manchester City ibitego 3-0 mu mukino ubanza wa 1/8 cya UEFA Champions League wabereye kuri Stade ya Santiago Bernabéu Stadium.
Umukino watangiye amakipe yombi yigana cyane hagati mu kibuga, ariko Real Madrid iza gufungura amazamu ku munota wa 19 ku gitego cyatsinzwe na Federico Valverde nyuma yo guhabwa umupira muremure na Thibaut Courtois.
Nyuma y’iminota mike, Valverde yongeye gutsinda igitego cya kabiri ku mupira yari ahawe na Vinícius Júnior, bituma Real Madrid irushaho kwigarurira umukino. Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Valverde yongeye gutsinda igitego cya gatatu, asoza igice cya mbere afite ibitego bitatu wenyine.
Mu gice cya kabiri Manchester City yagerageje gusatira ishaka igitego cyo kwishyura, ariko ntibyabahiriye. Real Madrid yanabonye penaliti ku ikosa ryakorewe Vinícius Júnior, ariko umuzamu wa Manchester City ayikuramo.
Umukino warangiye Real Madrid itsinze ibitego 3-0, igira amahirwe menshi yo gukomeza mu kindi cyiciro mbere y’umukino wo kwishyura.

Federico Valverde wafashije Real Madrid, we na Vinicius bishimira intsinzi

Real Madrid yadwinze Manchester City ibitego 3-0
Source: Inyarwanda.com
Reader Comments
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
lwghpngkwrqmjfzvtsrkldhywunsqs
Leave a Comment