Burkina Faso: Itegeko rishya ryo kugenzura amadini ryakuruye impaka zikomeye

Burkina Faso: Itegeko rishya ryo kugenzura amadini ryakuruye impaka zikomeye

Itegeko rishya rigenga imikorere y'amadini muri Burkina Faso rikomeje kuvugisha benshi nyuma yo kwemezwa n'Inteko Ishinga Amategeko y'inzibacyuho. Iri tegeko rishyira imbere ihame ry'uko Leta idafite idini kandi rigamije gukaza ingamba zo gukumira ubutagondwa n'inyigisho zishobora guhungabanya umutekano w'igihugu.

Mu ngingo z'ingenzi z'iri tegeko harimo kubuza gusengera mu nyubako za Leta no kubuza kwigisha amasomo y'idini mu mashuri ya Leta ndetse no mu mashuri yigenga adashingiye ku madini. Gusa amashuri yashyizweho n'amadini yo azakomeza kwigisha ayo masomo hakurikijwe amategeko.

Iri tegeko riteganya kandi ko imiryango y'amadini yose igomba kuba ibarizwa mu mpuzamiryango zemewe n'amategeko kandi ikagira ubuyobozi buzwi. Hazanashyirwaho urwego ruzajya rugenzura inyigisho z'amadini n'abemerewe kuzitanga, hagamijwe kurwanya inyigisho z'ubuhezanguni no kurinda abana ihohoterwa n'ikoreshwa nabi.

Nubwo Guverinoma ivuga ko iri tegeko rigamije kubungabunga umutekano, bamwe mu bayobozi b'Abasilamu b'Abasuni bavuga ko Leta iri kwivanga mu mikorere y'amadini. Impaka zarushijeho gukara nyuma y'ibura rya Imam Mahmoud Barro wari waramaganye iri tegeko, ndetse n'itabwa muri yombi ry'abandi bayobozi b'idini, ibintu byateje impungenge mu baturage.

Perezida Ibrahim Traoré yavuze ko amadini n'amoko bishobora gukoreshwa mu guteza umutekano muke muri Afurika, ashimangira ko Leta izakomeza guhangana n'imitwe yitwaza idini mu bikorwa by'iterabwoba. Yavuze kandi ko nta dini cyangwa umuyobozi waryo ugomba kurenza ububasha bw'inzego za Leta.

Source:
IGIHE: https://igihe.com/amakuru/muri-afurika/article/burkina-faso-itegeko-ryo-kugenzura-amadini-ryaciye-igikuba-perezida-traore

Leave a Comment

LIVE STREAM

Morning Energy - 88.8 FM